Mu mezi make ashize, nabonye ikibazo cyabajijwe n’umusomyi umwe abaza niba koko abantu bakora mu buvuzi barebwa n’iby’imitangirwe ya serivisi biri gushishikarizwa. iki kibazo gifite ishingiro kuko abantu benshi bagihuza serivisi nziza gusa n’abikorera kugiti cyabo ndetse n’abashoramari mu kwakira abantu. Muri iyi minsi idusaba kongera ubukungu, ibigo bya leta n’inzego za guverimona ndetse na buri kigo kigira aho gihurira n’anbakigana bigomba kunoza serivisi zabyo. Gushaka ibiryo byiza muri resitora cyangwa kujya guhaha mu iduka
mu mujyi usanga akenshi biterwa n’amahitamo yacu n’ibyemezo
dufata. Ariko kujya ku bitaro cyangwa ku kigo nderabuzima ntamuntu ubyishimira,usanga iteka biba ari nk’itegeko. Twifuza kuba tutajyayo ariko iyo turwaye nta yandi mahitamo tuba dufite atari ayo kujya gushaka ubutabazi mu by’ubuvuzi.

Abagana ibitaro ni abarwayi, abavandimwe babo, abashyitsibaba bazanywe n’impamvu zitandukanye. Ikirenze ku gutanga ubuvuzi buboneye ku barwayi, ibitaro n’ibigo nderabuzima byakagombye kuba bizi gutanga serivisi nziza. Iyo tuvuga serivisi nziza, bivuga gukora kuburyoumurwayi avuga ko yabonye ibintu byiza ari ku bitaro. abarwayi baba bakeneye kumva bakiranywe urugwiro kandi bitaweho. bivuga kandi gufasha abarwayi n’abavandimwe babo kwihanganira ibihe bibakomereye mu kigo nderabuzima.

Ndibuka ubwambere njya ku bitaro bya kibagabaga, natangajwe cyane n’isuku yahoo kugeza uyu munsi nkaba nkibyibuka.
Ibiti byiza n’intebe mu busitani bwiza bwaho byanteye kwibwira ko ndi mu kigo cyo kuruhukiramo. Ahantu hafite isuku kandi heza hatuma abarwayi biyumva neza. Ndahamya
ko utakwifuza kujya mu bitaro bifite umwanda, aho abaforomo n’abaganga bambaye imyenda irimo ibizinga by’amaraso. Isuku ni ikintu cy’ibanze mu bigo by’ubuvuzi byose. Usibye gutanga ubuvuzi bunoze ku barwayi, hari n’izindi ngingo zishobora kongera mu gutanga serivisi nziza mu bigo by’ubuvuzi: Gugusuhuza no kwakirana urugwiro: Abavuzi bagomba kumenya ko bagomba gusuhuza ababagana byanashoboka bakabibwira abarwayi amazina yabo. Nk’abarwayi, ntabwo tuba dushaka gutegereza amasaha mbere yuko hagira utwitaho. Ntabwo tuba dushaka kwirengagizwa. Kwakirwa vuba byizeza umurwayi ko ibitaro bizamuyobora no kumuha ubufasha mugihe abukeneye.

Kwirinda urusaku: kimwe mu bintu byongera amahoro y’abarwayi ni umutuzo mu bitaro. abakozi b’ibitaro bagomba kwirinda inkweto zisakuza, telephone zirimo indirimbo zo kwitabiraho zisakuza ndetse no kuganirira muri za koridoro. Kubika ibanga ry’abarwayi n’umutekano wabo: serivisi nziza mu bitaro isaba ko umukozi w’ibitaro abanza gukomanga ku muryango mbere yo kwinjira mu cyumba kirimo umurwayi. Ibi bigomba g ukorwa nibura kugira ngo hasigasirwe icyubahiro cy’umurwayi. Ni byiza kandi ko amakuru arebana n’umurwayi agirwa ibanga hirindwa kuyasakaza hanze.

Kongera uburyo bw’ubwumvane: nk’abarwayi, twishima iyo muganga yitaye kubyo tumubwira akadutega amatwi agamije kutwumva. sinzi niba nawe uzi ko abaganga n’abanyamategeko aribo bantu babaza ibibazo byinshi mbere y’isuzuma. Mu bitaro, abarwayi ntibita kumubare w’anbababaye, baba bakeneye kubona
ko ibibazo byabo byumviswe n’abantu bashaka kubitaho.

Nubwo tuzi ko abaganga bafite
akazi kagoranye kandi kavunanye
ko guhangana n’ibibazo bikomeye by’ubuzima bwacu, icyo tubashakaho ni ukutwereka ko batwumva kandi batwitaho.

 
Byanditswe na Sandra Idossou

 
 
 
{loadposition socialplugins}
No votes yet.
Please wait...
Voting is currently disabled, data maintenance in progress.