Bakoresha, mwubahirize amasezerano mwagiriye abakozi banyu  Mpereye ku bunararibonye mu kazi, nabonye ko abakozi b’ahantu runaka bagira uruhare rukomeye mu kwinjira amafaranga kwaho. Mu bihe bitandukanye, iyo ubonye abikorera bahomba, haba hari ikigomba gukorerwa abakozi. Iyo abakozi bafite ubushake n’abakoresha bagatanga ibyo babemereye bakabibaha bakora neza.

Abakoresha bamwe bemera ibyo batazakora hanyuma, abakozi bamaze kuvunika bakora, ntibabishyire mu bikorwa, ibyo bigaca abakozi intege ubwo bakaba batagikoze ngo bagere ku ntego bihaye.

Abakozi b’ingenzi  kandi binjiza bazagasezera bave aho bajye ahandi kubera  kutubahiriza amasezerano bahawe.

Igihe abakozi bishimye baba bafite buri gihe  gukorera hamwe basenyera umugozi umwe  ngo ikigo bakorera kijye mbere bategereje  ko hari icyo bemerewe kizabageraho.

Iyo abakozi bemeranije kuri kontaro n’umukoresha agatanga ibikenewe byose, abakozi bakora ibirenze ibyo mwateganyaga gukora.

Iyo abakozi bishimye, abakiriya barabibona  mu mikorere, inseko nziza, imigenzereze  myiza n’ibindi. Abakozi bishimye ni bo  bakora ubucuruzi bw’ikigo neza.

Gucunga abakozi kuri njye byakagombye  kubateramo akanyabugabo bakarangiza inshingano zabo mu rwego rwo hejuru. Mu gihe abakozi  bumva batewe ingabo mu bitugu, bakora bashyize  hamwe mu buryo bwiza.

Itsinda rikorera hamwe  risenyera umugozi umwe bigira uko bigaragara  mu kazi. Uti gute? Ahenshi, habaho kwakira  neza abakiriya, imvugo nziza hagati y’abakozi  bose kuva hasi kugera hejuru, kandi buri gihe  bashaka ibisubizo mbere y’uko ibintu biba bibi. Itsinda rifite imyumvire imwe kubyo  ritezweho rizashyira mu bikorwa ibyo  ryiyemeje noneho kwakira abakiriya neza  bibabere umuco. Abakiriya bishimye bongera  umusaruro w’ikigo mu gihe kirekire. 

[email protected]

{loadposition socialplugins}

No votes yet.
Please wait...
Voting is currently disabled, data maintenance in progress.