Akabando k’iminsi
By Oliver Biraro
Kugira ngo barebe itandukaniro riri hagati yo kugira intego no kutazigira, nyuma y’imyaka 20, ba bashakashatsi bongeye kugenzura abo babajije, nuko basanga ubukungu bwa ba bandi 3% ubuteranije bwose hamwe, burenze kure ubukungu bwa ba bandi 97% ubushyize hamwe.
Basanze kandi 3% babaho mu buzima bufite umunezero, ugereranije na 97% basigaye. Igitangaje muri byo, ni uko 3% batari bafite ubwenge kurusha abasigaye. Ntibari bafite igishoro cyo gutangiriraho kurusha abasigaye.
Umuntu udafite intego n’imihigo ni nk’ubwato mu nyanja nini budafite ubutwaye, imiyaga ijyana aho ishatse.
Iyo utihaye icyerekezo, hari undi muntu byanze bikunze uzakujyana mu cyerekezo cye. Iyo ugize amahirwe icyo kerekezo kiba ari kiza, wagira ibyago ukisanga aho batifuza: mu biyobyabwenge, mu buroko, mu bitaro, rimwe na rimwe no mu mva.
Niba utaragena inzira ubuzima bwawe buzacamo, reka ngufashe guca akabando k’iminsi hakiri kare.
1. Shaka ahantu hatuje, aho ugiye kumara iminota nka 30 nta muntu ukurogoya. Shaka impapuro n’ikaramu, maze wicare, witegure kwandika.
2. Tangira wandike icyo ushaka kuba mu buzima, icyo ushaka gukora, n’imitungo wifuza kugira. Andika ibyo wifuza, wikwandika ibyo wibwira ko bishoboka gusa. Niba wifuza kuba nka Bill Gates, byandike. Kuvuga ngo urashaka kuba umuntu ukomeye ntacyo bivuze.
4. Mu bisigaye, fatamo bitatu wifuza kugera ho byanze bikunze, ibyo wumva byarutwa n’uko waba atariho aho kubaho utabifite.
5. Kuri buri kifuzo, funga amaso wibone wakigezeho. Hari intambwe zibisabwa kugira ngo ugere kuri iryo herezo. Tangira ugende usubiza inyuma intambwe zose imwe ku yindi, kugeza ugeze ku ntangiriro. Izo ntambwe zandike.
6. Buri kifuzo gice mo ibice byinshi bishoboka kandi buri gice ukigenere uburyo n’igihe bikwiye, maze ukore gahunda y’ibikorwa uzakora umunsi ku wundi kugira ngo ubigereho.
7. Andika ibyo utekereza bishobora kuzakubuza kuzuza gahunda zawe, wandike n’icyo uzakora nuhura nabyo.
8. Tangira gushyira iyi gahunda mu bikorwa uhereye aka kanya.
{loadposition socialplugins}